00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sudani y’Epfo: Abasirikare ba Loni batezwe ‘ambush’, hapfa babiri

Yanditswe na IGIHE
Kuya 24 August 2026 saa 11:56
Yasuwe :

Abasirikare babiri b’Umuryango w’Abibumbye (Loni) bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bishwe nyuma yo kugabwaho igitero ubwo bari mu bikorwa byo gucunga umutekano mu gace ka Jonglei.

Kuri uyu wa Mbere, ubuyobozi bw’ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS) bwatangaje ko abo basirikare batezwe igico n’abantu bitwaje intwaro bataramenyekana, ubwo bari mu nzira berekeza i Pajut. Muri icyo gitero abandi bantu barindwi bakomeretse.

Mu bakomeretse harimo abasirikare batatu ba Loni, abapolisi babiri bo muri Polisi y’Igihugu ya Sudani y’Epfo ndetse n’abakozi babiri b’abasivili bakorera ubutumwa bwa Loni.

UNMISS yatangaje ko yahise yohereza umutwe w’ingabo wihariye ushinzwe gutabara byihuse kugira ngo ugenzure umutekano w’ako gace ndetse ufatanye n’inzego ziri mu bikorwa byo gutabara.

Umuyobozi wa UNMISS, Anita Kiki Gbeho, yamaganye icyo gitero, avuga ko kwibasira abakozi b’Umuryango w’Abibumbye bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo bidakwiriye kwihanganirwa.

Ati “Urugomo nk’uru rwibasira abakozi ba UNMISS bari gukora akazi ko gushyigikira amahoro muri Sudani y’Epfo ntirwakwihanganirwa.”

Ubutumwa bwa Loni bwahamagariye ko hakorwa iperereza ryihuse kuri iki gitero, bunavuga ko ibitero bigabwa ku basirikare b’Umuryango w’Abibumbye bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bishobora kuba ibyaha by’intambara hashingiwe ku mategeko mpuzamahanga.

Nubwo ibitero bigabwa ku bakozi ba Loni muri Sudani y’Epfo bidakunze kubaho, iki gihugu kimaze igihe gihura n’ibibazo by’umutekano muke birimo amakimbirane ashingiye ku moko ndetse n’imirwano ihuza ingabo za Leta n’imitwe yitwaje intwaro.

Muri Sudani y’Epfo, abasirikare ba Loni batezwe ‘ambush’, hapfa babiri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages