00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sudani: Ikibuga cy’indege cya Khartoum cyongeye kugwaho indege y’abagenzi

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 2 February 2026 saa 11:41
Yasuwe :

Ikibuga cy’indege cya Khartoum cyo muri Sudani cyongeye kugwaho indege y’abagenzi yari irimo na Minisitiri w’Intebe, Kamil Idriss, byongera gutanga icyizere ku mutekano w’iki kibuga.

Iyi ndege yahaguye ku ya 1 Gashyantare 2026, ivuye mujyi wa Port Sudan yerekeza i Khartoum.

Bibaye mu gihe hari hashize imyaka igera kuri itatu iki kibuga nta ndege zikigwaho kubera intambara guverinoma ya Sudani ihanganyemo n’umutwe wa Rapid Support Forces (RSF) guhera mu 2023.

Mu Ukwakira 2025, indege yagerageje kugwa kuri iki kibuga gusa ntibyayihiriye kuko yakurikijwe amasasu ya drones z’umutwe w’itwaje intaro wa RSF.

Impuguke mu bijyanye n’ingendo zo mu kirere zigaragaza ko ikorwa ry’uru rugendo ari ikimenyetso cyo kwereka ibihugu byari bisanzwe bigirira ingendo muri Sudani ko umutekano wagarutse nk’uko Roland Marchal yabivuze.

Ati “ Guverinoma iri kugerageza kwerekana ko yisubije ibikorwa by’ubuyobozi ndetse umutekano wagarutse. Ubu birashoboka kwakira abantu benshi ariko icya mbere ni ukubona inkunga mpuzamahanga izabafasha kongera kubaka umujyi.”

Kuva mu 2023 iyi ntambara yatangira, abarenga ibihumbi 150 bahasize ubuzima, miliyoni 13 bava mu byabo, ndetse bituma igihugu cyibasirwa n’amapfa.

Ikibuga cy'indege cya Khartoum cyongeye kugwaho indege nyuma y'imyaka irenga itatu kidakoreshwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages