Umuryango w’abakorerabushake wa Ombada Emergency Response Room watangaje ko uyu mubare ari uw’agateganyo kuko abapfuye bashobora kwiyongera bitewe n’uko ibikorwa by’ubutabazi biri kugenda gake.
Kugeza ubu, ingabo za Sudani zigenzura igice kinini cya Omdurman, mu gihe umutwe witwaje intwaro wa RSF ufite ibice bimwe na bimwe by’uyu mujyi.
Mu byumweru bishize, ingabo za Sudani zongereye ibitero bigamije kwisubiza umujyi wa Omdurman wose, aho zivuga ko zimaze gufata uturere dutatu ndetse zinafata zimwe mu ntwaro za RSF.
Umwe mu batuye yafi y’ahabereye imirwano yavuze ko ibisasu biraswa hirya no hino, bikica abantu, bikangiza imitungo yabo. Ati “Imirwano imaze igihe kirekire yahinduye aka gace amatongo, kandi abaturage bakomeje kwicwa n’amasasu, andi agwa ku nzu zabo.”
Impande zombi zishinjwa kurasa buhumyi, ari na byo bituma abaturage bakomeza kubura ubuzima, imitungo yabo ikangirika. Ibi byatumye imiryango y’ubutabazi myinshi ifunga imiryango, abaturaga babura ababafasha.
Intambara y’ingabo za Leta ya Sudani ziyobowe na Gen Abdel Fattah al-Burhan, n’umutwe wa RSF urwanya ubutegetsi buriho yatangiye muri Mata 2023. Ababarirwa mu bihumbi 150 ni bo bamaze gupfa.
Umuryango w’Abibumbye wavuze ko iyi ntambara ari kimwe mu bibazo bikomeye bihangayikishije Isi. Ugaragaza ko uretse abapfa n’abahunga, abagera kuri miliyoni 24,6 bugarijwe n’inzara muri iki gihugu bugarijwe n’inzara.



TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!