UNICEF yatangaje ko hafi abana miliyoni 1,9 muri Somalia bazahura n’ikibazo cy’imirire mibi muri uyu mwaka. Umubare w’abana bashyirwa mu bigo nderabuzima bafite imirire mibi ikabije n’ibindi bibazo by’ubuzima wiyongereyeho 32%.
Kugeza ubu, ibigo 205 by’ubuzima n’imirire byamaze gufungwa nyuma y’igabanuka rikomeye ry’imfashanyo zigenerwa ibikorwa by’ubutabazi. UNICEF yavuze ko ibigo bigera kuri 618 bishobora guhagarika ibikorwa mu gihugu hose niba nta zindi nkunga zibonetse.
Umuvugizi wa UNICEF, James Elder, yavuze ko gufungwa kw’ibigo byita ku mirire bishobora kugira ingaruka zikomeye ku bana n’ababyeyi babo.
Ati “Ibigo bike bisobanuye ingendo ndende ku babyeyi n’abana babo; ingendo ndende zituma ubuvuzi butinda kuboneka, kandi gutinda kuvurwa bituma indwara zikomera ndetse bikongera ibyago byo kwandura indwara zishobora kwirindwa.”
Elder yavuze ko iki atari igihe cyo kugabanya inkunga itangwa mu bikorwa by’ubutabazi kuko Somalia ihanganye n’ibibazo byinshi birimo amapfa akaze mu bice byo mu majyaruguru, intambara n’abantu benshi bavuye mu byabo.
Raporo igaragaza ko amafaranga akoreshwa mu kurwanya imirire mibi ikabije mu bice bimwe bya Somalia yagabanyutseho hejuru ya 80% muri uyu mwaka. Ishami ry’Abaganga Batagira Umupaka (Médecins Sans Frontières) ryavuze ko iri gabanyuka ryatewe n’ihagarikwa ry’imfashanyo za Amerika ndetse n’izindi nkunga zo mu Burengerazuba bw’Isi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!