00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Somalia: Amakuru y’abarenga 35000 basabye visa yagiye hanze

Yanditswe na IGIHE
Kuya 15 November 2025 saa 07:28
Yasuwe :

Ambasade ya Amerika muri Somalia yatangaje ko hari ibimenyetso bigaragaza ko amakuru y’abantu basaba visa zitangwa binyuze ku ikoranabuhanga ashobora kuba yaragiye hanze harimo n’amakuru bwite y’Abanyamerika.

Itangazo yasohoye rigaragaza ko hari amakuru bakiriye ahamya ko abajura bakoresheje ikoranabuhanga (hackers) binjiye muri sisiteme ya Leta ya Somalia ikoreshwa mu gusaba visa batwara amakuru y’abantu barenga ibihumbi 35.

Inyandiko zasakaye ku mbuga nkoranyambaga zirimo amazina, amafoto, amatariki y’amavuko, aho abantu batuye n’ibindi.

U Bwongereza bwaburiye abagenzi ko "Ibibazo byo gusohoka hanze kw’amakuru biri kugenda bikomeza kandi bishobora gushyira hanze amakuru bwite umuntu ashyira muri sisitemu."

Buti "Tekereza ku ngaruka mbere yo gusaba visa koranabuhanga ukeneye mu rugendo rujya muri Somaliya."

Abayobozi ba Somaliya ntibaragira icyo bavuga kuri ibi bibazo, ariko Leta yavanye gahunda yo kwaka visa ku rubuga rwa evisa.gov.so ishyirwa ku rubuga rwa etas.gov.so, ariko ntibigeze batanga ibisobanuro by’icyo cyemezo.

Abasaba visa muri somalia bakoresheje ikoranabuhanga baburiwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages