Aba basirikare bishwe ku wa 11 Kanama 2025, nyuma y’uko bari bahamijwe n’urukiko rwa gisirikare gukorana na Al Shabab bakica umuyobozi wari uyoboye umutwe babarizwamo, Aided Mohamed Ali, muri Nyakanga.
Umushinjacyaha Hassan Siyad Mohamed, yavuze ko basanze umwe mu basirikare ba Somalia yarakiriye ibiturika, undi akabishyira munsi y’umusego wa Mohamed Ali, mbere y’uko biturika akahasiga ubuzima.
Yagize ati “Aba bishwe uyu munsi kubera uruhare bagize mu rupfu rwa Aided Mohamed Ali.”
Umuyobozi Mukuru w’Urukiko rw’Ikirenga rwa Gisirikare, Liban Ali Yarrow, yavuze ko uko byagenda kose abakorana na Al Shabaab bazamenyekana kandi bazahanwa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!