00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sobanukirwa Ebola ya Bundibugyo isya itanzitse muri RDC

Yanditswe na Singirankabo Félix
Kuya 17 August 2026 saa 03:16
Yasuwe :

Inzego z’ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zatangaje ko icyorezo cya Ebola cyugarije iki gihugu ari cyo cyishe abantu benshi ugereranyije n’ibindi byorezo byibasiye iki gihugu.

Kuva iki cyorezo cyatangazwa ku wa 15 Gicurasi, kimaze guhitana abantu 2.325, barenze abo icyorezo cya Ebola cyahageze hagati ya 2018 na 2020 cyahitanye.

Mu mwaka wa 1976 muri Kamena, ahitwa muri Nzara muri Sudani, ariko ubu aka gace kari muri Sudani y’Amajyepfo, hagaragaye indwara idasanzwe, iyi ndwara iza guhabwa izina rya Sudan virus diseases.

Muri Nzeri iyi ndwara yaje kwambukiranya igihugu maze yinjira mu cyahoze ari Zaire ubu cyitwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, mu gace ka Yambuku, ahari umugenzi witwa Ebola. Ikihagera ihita yitirirwa uwo mugenzi ubwo Ebola virus iba iravutse.

Ubungubu iyi ndwara ihangayikishije cyane iki gihugu mu 2026, ariko by’umwihariko virusi ya Ebola yahibasiye ni iyitwa Bundibugyo.

Ubundi iyi virus ya Bundibugyo itandukaniyehe n’ubundi bwoko bwa Ebola bwagiye bugaragaraga ahandi? Mu mwaka w’2007 muri Uganda mu karere ka Bundibugyo hagaragaye virus ya Ebola iyi virus yahitanye abantu bagera kuri 37, ihita initirirwa aka gace ka Bundibugyo.

Ubu bwoko bwitiriwe Bundibugyo ni na bwo bwongeye kugaragagara muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Ni bwo bwoko bwa mbere bwa Ebola bugaragaye muri iki gihugu bwandura ku kigero cyo hejuru nkuko ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima OMS ribigaragaza.

Bundibugyo Virus iri mu bwoko bwa Ortho Ebolavirus. Iyi Ortho Ebolavirus ikaba inarimo ubwoko bwa Ebola Virus na Soudan Virus. Nubwo izi virus zose zitera Ebola ariko ziratandukanye, zikanavurwa bitandukanye. Iyi Virus ya Bundibugyo iragorana cyane mu kuyitahura kubera ko ibimenyetso byayo bijya kumera nk’iby’izindi ndwara nka Malaria cyangwa Typhoid. Uretse Ebola Virus yabonye urukingo, Soudan virus n’iyi Virus ya Bundibugyo nta rukingo irabona.

Intara esheshatu ni zo zibasiwe cyane n’iyi Bundibugyo Virus muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, izi zirimo Ituri, Kivu y’Amajyaruguru, Kivu y’Amajyepfo, Haut-Uele, Tshopo, na Bas-Uele, gusa Ituri ni yo ntara yibasiwe cyane kurenza izindi.

Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima OMS, rivugako abantu barenga 2,325 bamze kwicwa niki cyorezo, bivuze ko yica nibura umuntu umwe mu minota 30 muri RDC.

Ibimenyetso by’iyi Virus ya Bundibugyo birimo umuriro, umunaniro udasanzwe, umutwe, kubabara mu ngingo, kuribwa mu nda, gusa iyi virus uko ikomeza gukura mu mubiri, uyifite atangira gucibwamo, kuruka, umwijima ndetse n’impyiko bigatangira kwangirika ndetse uyifite ashobora no gutangira kuva amaraso ahantu hatandukanye hari umwenge ku mubiri.

Abaganga ndetse n’abashakashatsi bo muri kaminuza ya Oxford yo mu Bwongereza bari mu nzira yo kugerageza urukingo rwa Virus ya Bundibugyo aho bari kwifashisha ikoranabuhanga ryakoreshejwe hakorwa urukingo rwa covid 19 rwiswe Oxford-AstraZeneca. Iyi ni incuro ya 17 Ebola igaragaye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu myaka 50 ishize.

Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo iri gusya itanzitse

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages