00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sénégal yiyemeje guhana yihanukiriye abaryamana bahuje ibitsina

Yanditswe na IGIHE
Kuya 25 February 2026 saa 08:58
Yasuwe :

Minisitiri w’Intebe wa Sénégal, Ousmane Sonko yatangaje ko iki gihugu kigeze kure umushinga w’itegeko ugamije gukaza ibihano ku baryamana n’abo bahuje ibitsina.

Uyu muyobozi yavuze ko uyu mushinga w’itegeko ugena ko uwaryamanye n’uwo bahuje ibitsina ashobora guhabwa igifungo cy’imyaka 10 nk’igihano gikomeye kurenza ibindi. Imike umuntu ashobora gufungwa ni itanu.

Ni icyemezo Minisitiri Ousmane Sonko yatangaje ku wa Kabiri tariki 24 Gashyantare 2026. Yavuze ko uyu mushinga w’itegeko wamaze gushyikirizwa abagize Inteko Ishinga Amategeko.

Ati “Umuntu wese ukora iki cyaha kinyuranyije na kamere azahanishwa igifungo cy’imyaka 10 muri gerereza.”

Kuryamana kw’abahuje ibitsina bisanzwe ari icyaha muri Sénégal, gusa byahanishwaga igifungo kiri hagati y’umwaka umwe n’imyaka itanu.

Sénégal yongeye gushyira imbaraga mu guhana abaryamana bahuje ibitsina nyuma y’uko mu kwezi gushize Polisi yo muri iki gihugu yatangaje ko yataye muri yombi abagabo 12 bakekwaho iki cyaha. Kuva icyo gihe abamaze gufatwa barenga 30.

Minisitiri w’Intebe wa Sénégal, Ousmane Sonko yatangaje biyemeje guhana bihanukiriye abaryamana bahuje ibitsina

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages