Itangazo ryasomwe kuri Televiziyo y’Igihugu mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu, byavuzwe ko Perezida Macky Sall, nyuma yo guhura n’uwanduye Coronavirus yapimwe bagasanga ntayo afite ariko guhera tariki 24 Kamena akishyira mu kato k’ibyumweru bibiri nk’uko amabwiriza y’inzego z’ubuzima abiteganya.
Muri Sénégal abamaze kwandura Coronavirus ni 6.129, abamaze gupfa bagera kuri 93, abamaze gukira ni 4 072, abakirwaye ni 1963.
Kuva icyorezo cya Coronavirus cyakwaduka mu mpera z’umwaka ushize, abayobozi bakomeye muri politiki bagiye bandura iki cyorezo barimo na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson, wamaze kugikira.



















TANGA IGITEKEREZO