Ni umushinga wemejwe ku wa 31 Werurwe 2026, nyuma y’igitutu imiryango mpuzamahanga yashyize kuri perezida w’iki gihugu kugira ngo atazasinya kuri iri tegeko ariko biba iby’ubusa.
Kuryamana kw’abahuje ibitsina bisanzwe ari icyaha muri Sénégal, gusa byahanishwaga igifungo kiri hagati y’umwaka umwe n’imyaka itanu, n’ihazabu itarenga miliyoni 1,5 CFA (2,700$).
Mu itegeko rishya uzajya uhamwa n’icyaha cyo kuryamana n’uwo bahuje igitsina azajya ahanishwa igifungo cy’imyaka 10 n’ihazabu ya miliyoni 10 CFA.
Uzafatwa ashyigikira cyangwa atera inkunga ibi bikorwa na we azahanwa bikomeye.
Sénégal yongeye gushyira imbaraga mu guhana abaryamana bahuje ibitsina nyuma y’uko mu kwezi gushize Polisi yo muri iki gihugu yatangaje ko yataye muri yombi abagabo 12 bakekwaho iki cyaha. Kuva icyo gihe abamaze gufatwa barenga 30.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!