00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sénégal: Ousmane Sonko agiye kugirwa Umudepite

Yanditswe na IGIHE
Kuya 25 May 2026 saa 12:49
Yasuwe :

Ousmane Sonko wirukanywe ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe wa Sénégal agiye kwinjira mu Nteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu.

Ibaruwa Visi Perezida wa Mbere w’Inteko Ishinga Amategeko ya Sénégal, Ismaila Diallo, yandikiye Abadepite bose ibamenyesha ko bazitabira imirimo y’inteko ku wa 26 Gicurasi saa Tatu zuzuye.

Ku murongo w’ibyigwa harihi ingingo ebyiri gusa, ni ukuvuga kwakira Depite Ousmane Sonko no guhora Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko.

Sonko yakuwe ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe ku wa 23 Gicurasi, kubera kutumvikana na Perezida Bassirou Diomaye Faye ku buryo bw’imitegekere y’igihugu.

Ku wa 24 Gicurasi, inshuti ye El Malick Ndiaye wari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko muri Sénégal yahise yegura, amakuru akavuga ko bigamije guha Sonko uburyo bwo guhatanira kuyobora inteko y’iki gihugu.

Ishyaka Pastef rya Sonko rifite ubwiganze mu Nteko Ishinga Amategeko.

Mu gihe Sonko yatorerwa kuyobora Inteko Ishinga Amategeko, havuka ihangana ryeruye hagati ye na Perezida wa Sénégal, Bassirou Diomaye Faye, bahoze ari inshuti magara.

Bimwe mu byo Sonko apfa na Faye ni uko amushinja kuba yarananiwe guhangana na ruswa ivugwa mu bakomeye muri iki gihugu cyane cyane Macky Sall wahoze ari Perezida, Sonko yifuza ko agezwa imbere y’ubutabera.

Sonko kandi ashinja Faye kuba yarananiwe kwishyura amadeni Sénégal ifite, ndetse no kuba ataragiye ashyigikira bimwe mu byemezo yafashe muri Guverinoma, ariko bikanengwa n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Ousmane Sonko wirukanywe ku mwanya wa Minisitiri w'Intebe agiye kugirwa umudepite

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages