Kuri uyu wa 15 Ukuboza 2023 ni bwo umunyapolitiki Corneille Nangaa wayoboye Komisiyo y’Amatora ya RDC, yashinze AFC. Ni umuhango wabareye muri Serena Hotel, i Nairobi, witabirwa n’abarimo Perezida w’umutwe witwaje intwaro wa M23, Bertrand Bisimwa.
Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakakuru akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru i Kinshasa, yamaganye ishingwa ry’uyu mutwe, anagaragaza ko yababajwe n’uko washingiwe “mu gihugu cy’inshuti”, ari cyo Kenya.
Muyaya yagize ati “Iki gikorwa kizagira ingaruka. Kenya itugomba ibisobanuro. Ni gute igihugu dukorana gishobora kwakira ibikorwa bigamije gutesha agaciro inzego zashyizweho?”
Nyuma y’ishingwa ry’uyu mutwe ryatangarijwe i Nairobi, Guverinoma ya RDC irateganya gufatira Kenya ingamba mu rwego rwa dipolomasi.
Nangaa ubwo yatangazaga ishingwa rya AFC, yasobanuye ko we na bagenzi be babikoze babitewe n’ibibazo biri muri RDC bahamya ko Tshisekedi atashoboye kubikemura kuva yajya ku butegetsi mu 2019.
Uyu munyapolitiki yashinje Tshisekedi gusahura umutungo w’igihugu, gutesha agaciro inzego zishinzwe umutekano, kwifashisha intambara mu burasirazuba nk’urucuruzo no kurutisha abacancuro b’abanyamahanga igisirikare cy’igihugu.
Nangaa arabona igihe kigeze ngo Tshisekedi ave ku butegetsi, asimburwe n’umuyobozi ushoboye. Yaciye amarenga ko nibitaba ibyo, AFC izakoresha igisirikare cyayo mu kumwikuriraho.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!