00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Uwahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yapfuye

Yanditswe na

Dusabemungu Ange de la victoire

Kuya 23 January 2016 saa 05:09
Yasuwe :

Gérard Kamanda wa Kamanda, wabaye Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo akaba yarabaye n’umukandida ku mwanya wa Perezida mu 2006, yapfuye afite imyaka 75.

Uyu mugabo wari umutware w’abaturage ba Bakwese bakomoka ahitwa Bandundu, yitabye Imana mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki ya 20 rishyira ku wa Kane, amaze ibyumweru bitatu mu bitaro i Kinshasa.

Gérard Kamanda wa Kamanda yavutse ku wa 10 Ukuboza 1940, akaba yaragiye ahabwa imyanya itandukanye ku ngoma ya Mobutu.

Yabaye umujyanama mu by’amategeko wa Perezida Mobutu nyuma mu mwaka wa 1972 aza gutorerwa kungiriza Umunyamabanga w’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika (OUA), mbere yo kugirwa Ambasaderi wa Zaire muri Loni mu 1981, nk’uko Jeune Afrique dukesha iyi nkuru yabitangaje.

Uyu mugabo ufite amateka atari make muri Congo ntiyakunze kuvuga rumwe na Laurent-Désiré Kabila aho mu mwaka wa 1997 Kabila ajya ku buyobozi, Kamanda wa Kamanda we yahise yerekeza iy’ubuhunzi aza gushinga ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi rya CNR ndetse mu 2003 aza kugaruka aho yaje no kwiyamamariza kuyobora Congo mu 2006; icyo gihe akaba yaregukanye amajwi anagana na 0,31%.

Gérard Kamanda wa Kamanda, wabaye Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga muri Congo yitabye Imana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages