00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Umusirikare wafungiwe gusomana yambaye impuzankano yakoze ubukwe

Yanditswe na Idukunda Kayihura Emma Sabine
Kuya 1 November 2025 saa 07:45
Yasuwe :

Umusirikare wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Adjudante Sarah Ebabi, yakoze ubukwe nyuma y’iminsi avuye muri kasho, aho yari afunzwe azira gusomana yambaye impuzankano.

Ebabi yatawe muri yombi tariki 24 Ukwakira 2025 nyuma y’aho amafoto n’amashusho ye n’umukunzi we bikwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, cyane cyane TikTok.

Yashinjwaga guharabika igisirikare no kurenga ku mabwiriza y’abamuyobora, yifashishije aya mafoto n’amashusho ya ‘Save the Date’, ateguza ubukwe bwe.

Tariki ya 29 Ukwakira, Urukiko Rukuru rwa gisirikare rwamuhamije iki cyaha, rumukatira igifungo cy’umwaka gisubitse. Uwo munsi yahise arekurwa, asubira kwitegura ubukwe bwe bwari bwegereje.

Ku wa 31 Ukwakira, Ebabi n’umukunzi we bakoze ubukwe, gusa kuri iyi nshuro, uyu musirikare yari yambaye imbyambaro y’igisirikare yagenewe ibirori.

Amashusho y’ubukwe bwa Ebabi yongeye kuvugisha abakoresha imbuga nkoranyambaga, kuko we n’umukunzi we bagaragaye basomana byimbitse bigatinda.

Bamwe batangiye gutebya, bavuga ko Ebabi yabikoze yishongora ku rwego rwari rwamutaye muri yombi n’ubundi rumuziza gusomana n’umukunzi we yambaye impuzankano.

Adjudante Sarah Ebabi yakoze ubukwe nyuma yo gukatirwa igifungo gisubitse
Ebabi yongeye kugaragara asomana n'umukunzi we yambaye impuzankano y'ibirori
Ebabi yambaye agatimba nyuma y'iminsi ari muri kasho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages