00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC : Umupadiri n’abanyeshuri batanu bafashwe bazira kwamagana Tshisekedi imbere ya Papa

Yanditswe na Igizeneza Jean Désiré
Kuya 5 Gashyantare 2023 saa 11:51
Yasuwe :

Padiri Guy Julien Muluku wo muri Kiliziya Gatolika ndetse n’abanyeshuri be batanu batawe muri yombi n’inzego z’umutekano za Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, RDC bazira kuririmba indirimbo zinenga Perezida Félix Antoine Tshisekedi muri Stade de Marthyr i Kinshasa.

EWTN News yanditse ko Padiri Maluku n’abanyeshuri be batawe muri yombi kuwa 02 Gashyantare 2023 ubwo Umushumba wa Kiliziya Gatorika ku Isi, Papa Francis yari mu ruzinduko muri RDC.

Abo bana batanu na Padiri Maluku wo mu Kigo gatolika cy’abihayimana (Missionnaires Oblats de Marie Immaculée) bafunzwe amasaha agera kuri 34 barekurwa ku munsi Papa Francis yagombaga gukomereza uruzinduko rwe muri Sudani y’Epfo.

Padiri Muluku yafunzwe ubwo yageragezaga kurengera abo banyeshuri mu gihe batabwaga muri yombi.

Ibi kandi byabaye mu gihe n’urubyiruko rurenga ibihumbi 80 rwari uri Stade des Martyrs ruhura na Papa. Icyo gihe rwavugirije induru Perezida Tshisekedi rumwibutsa ko manda ye igeze ku musozo bityo akwiriye kuva ku butegetsi.

Byabaye ubwo Papa Francis yatangiraga kuvuga ku bijyanye no kurwanya ruswa, urwo rubyiruko narwo rubisamira hejuru mu rurimi rw’Ilingala ruti “Fatshi oyebele mandat esili." Ugenekereje mu Kinyarwanda bivuze ngo "Fatshi! Itonde manda yawe yarangiye."

Iyo ndirimbo yanumvikanye kuri televiziyo y’igihugu, RTNC, mu mwanya muto abatekinisiye bayo bahita bakuraho amajwi.

Baririmbaga izo ndirimbo mu gihe Perezida Tshisekedi wagiye ku butegetsi mu 2019 manda ye izarangira mu mpera z’uyu mwaka mu gihe amatora ateganyijwe ku wa 20 Ukuboza uyu mwaka.

Urubyiruko rwavugirije induru Perezida Tshisekedi rumwibutsa ko manda ye iri kurangira

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .