00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Corneille Nangaa yasabye abasirikare ba RDC kutemera kwitwa ‘inzererezi’

Yanditswe na IGIHE
Kuya 15 December 2025 saa 09:39
Yasuwe :

Umuhuzabikorwa w’Ihuriro rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille Nangaa, yavuze ko abasirikare b’iki gihugu badakwiye kwemera kwitwa inzererezi.

Perezid awa RDC, Felix Tshisekedi yatangaje ko ubwo yajyaga ku butegetsi yasanze ingabo zimeze nk’inzererezi, zoherezwaga ku rugamba nta biribwa, nta masasu, nta buyobozi bwiza nyamara bagasabwa kujya gushaka intsinzi ku rugamba.

Aya magambo yasamiwe hejuru n’abantu ku buryo bahise bavuga ko atari akwiye kuvugwa n’umukuru w’igihugu, kuko agayisha igisirikare cy’igihugu.

Amashusho yashyizwe kuri X na AFC/M23 ku wa 15 Ukuboza 2025, agaragaza Corneille Nangaa ashishikariza abasirikare ba FARDC na Wazalendo kujya mu ihuriro riharanira impinduka.

Ati “Basirikare ba FARDC, mwiswe inzererezi. Ntabwo muri inzererezi, ntimuzabyemere, mugomba kubihakana mwivuye inyuma. Ndabasaba kuyoboka impinduramatwara, bavandimwe bacu bo muri Wazalendo, muve mu binyoma mutwiyungeho mu mpinduramatwara.”

Magingo aya umutwe wa AFC/M23 ugenzura ibice binini byo muri Kivu y’Amajyepfo n’iy’Amajyaruguru harimo umujyi wa Goma, Bukavu na Uvira yafashwe mu ntangiriro z’Ukuboza 2025.

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23 yasabye abasirikare ba FARDC bakwiye kwanga burundu kwitwa inzererezi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages