Aba basirikare bari bakurikiranyweho icyaha cyo kugaragaza ubugwari ku rugamba, aho ubushinjacyaha bwa gisirikare bwari bwasabye ko bose bahabwa igihano cy’urupfu.
Ibi byaha bishingiye ntambara ingabo za RDC zimaze igihe zihanganyemo n’abarwanyi b’ihuriro AFC/M23.
Urukiko rwatangaje umwanzuro warwo ku wa 4 Nzeri 2026, rukurikiza icyifuzo cy’ubushinjacyaha maze rutegeka ko abo basirikare 18 bicwa.
Perezida w’Urukiko rwa Gisirikare rwa Uvira, Lieutenant Colonel Mupenda Munangi Joel, yatangaje ko abo basirikare bakatiwe icyo gihano kuko bahamwe n’icyaha.
Ati “Bityo rero, bakatiwe igihano cy’urupfu nta kwitabwaho kw’impamvu zagabanya uburemere bw’igihano.”
Uru rubanza rwatangiye kuburanishwa ku wa 23 Kanama 2026.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!