Ku wa Kabiri w’iki Cyumweru nibwo Umubiligi yasuzumwe agasangwamo Coronavirus, aba umuntu wa mbere uyigaragaweho mu bihugu bihana imbibi n’u Rwanda.
Nyuma y’umunsi umwe atangiye gukurikiranwa, Minisitiri w’Ubuzima muri RDC, Eteni Longondo, yatangaje ko ari kumererwa neza nubwo afite iyi virus.
Yagize ati “Umurwayi nibura ari kumererwa neza, wirengagije ko afite iyi virus. Urugero, ijoro ryahise, ntabwo yagaragazaga ibimenyetso by’umuriro.”
Minisitiri Longondo yakomeje avuga ko hari abantu 109 bashyizwe mu kato ndetse ko ‘ikiri gukorwa ari ugukurikirana abantu bahuye’ n’uriya mugabo wasanganywe Coronavirus. Muri aba bashyizwe mu kato, harimo abantu bari kumwe n’uyu Mubiligi ku wa 8 Werurwe 2020 mu ndege mu gihe yageraga i Kinshasa.
Coronavirus yagaragaye bwa mbere mu Bushinwa mu mpera z’umwaka ushize, ariko imaze guhitana abantu barenga 4,749, mu gihe abayanduye magingo aya habarurwa 129,590.



















TANGA IGITEKEREZO