00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

RDC: Abagera kuri 70 ntibaraboneka nyuma y’impanuka y’ubwato

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 19 November 2025 saa 07:01
Yasuwe :

Ubuyobozi bwo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bugaragaza ko abantu bagera kuri 70 bataraboneka nyuma y’impanuka y’ubwato yabereye mu mugezi wa Sankuru mu ntara ya Kasaï tariki ya 17 Ugushyingo 2025.

Umuyobozi wa teritwari ya Kole yabereyemo iyi mpanuka, François Ahoka, yasobanuriye Radio Okapi ko ubu bwato bwavaga mu gace ka Bena Dibele, bwerekeza i Kinshasa. Mu bantu 120 bari baburimo, kugeza ubu hamaze kuboneka abagera kuri 50.

Ahoka yatangaje ko iyi mpanuka yatewe n’umuraba mwinshi yubitse ubu bwato ubwo bwari bugeze mu gace ka Dibulansenba muri Kole, nyuma y’igihe gito buhagurutse.

Muri RDC habera impanuka z’ubwato kenshi, ziterwa ahanini no gutwara abantu n’imizigo birenze ubushobozi bwabwo n’ingendo za nijoro mu gihe nta rumuri ruhagije zifite.

Nyuma y’impanuka yabereye mu Kiyaga cya Kivu tariki ya 3 Ukwakira 2025, ikica abarenga 70, Minisiteri y’Ubwikorezi yasabye abatwara ubwato kubahiriza amabwiriza y’ingendo zo mu mazi, iteguza abazabirengaho ibihano bikomeye ariko nta mpinduka zagaragaye.

Muri Nzeri 2025, mu ntara ya Equateur habaye impanuka ebyiri z’ubwato mu minsi ibiri ikurikiranye, zica abagera ku 193, harokoka abarenga 200. Byagaragaye ko zatewe n’uko ubwato bwari butwaye abarenze ubushobozi bwabwo.

Iyi mpanuka yabereye mu mugezi wa Sankuru

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages