Byabaye ubwo Ruto yari mu rugendo asura agace ka Migori mu gikorwa cyari kigamije gufungura bimwe mu bikorwa remezo leta yubakiye abaturage.
Yageze muri ako gace avuye mu ahandi, ariko aho yabanje hose nta kibazo cyabayemo usibye muri Kuria. Ubwo yari atangiye kuvuga, abaturage bari benshi batangiye kuvunda bashaka kwegera aho yari aherereye. Muri ako kavuyo, nibwo umuntu utaramenyekanye yamuteye urukweto.
Urukweto rwari rugiye kumukubita mu maso, ariko abasha kurwigizayo akoresheje amaboko.
Bamwe mu baturage bo muri ako gace bavuze ko gutera Perezida urukweto bitagaragaza ko bamwanga, ahubwo byerekana urukundo bamukunda.
Someone has hurled a shoe at President Ruto in Migori. pic.twitter.com/PV5AyX0DPw
— Wanjiku Reports (@WanjikuReports) May 4, 2025
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!