Ibi yabigarutseho mu butumwa yagejeje ku baturage ku mugoroba ubanziriza kwizihiza isabukuru y’imyaka 66 Gabon imaze ibonye ubwigenge. Ibi birori by’ubwigenge byabaye kuri wa 17 Kanama 2026.
Oligui Nguema ntiyigeze avuga amazina y’ibihugu byo mu Burayi birebwa n’iki cyemezo, ariko RFI yatangaje ko bishoboka ko yavugaga u Bufaransa, kuko ari bwo busanzwe bwakira umubare munini w’Abanya-Gabon bahabwa buruse zo kwiga mu Burayi.
Perezida Oligui Nguema yavuze ko Gabon idakwiye gukomeza kurebera izamuka ry’ikiguzi cy’amashuri mu mahanga, ahubwo ikwiye gushaka izindi nzira zirimo guteza imbere amashuri yayo no kohereza abanyeshuri muri kaminuza zikomeye zo muri Afurika.
Ati “Ntidukwiye gukomeza kwihanganira iri hinduka gusa. Tugomba kurisubiza dushyiraho ingamba zikomeza inzego zacu, tugashaka gahunda nziza z’amasomo kandi tukagirira icyizere kaminuza zikomeye zo ku mugabane wacu.”
Yakomeje avuga ko Afurika idakwiye gufatwa nk’ahantu hitabazwa gusa iyo izindi nzira zananiwe.
Ati “Afurika ntabwo ikwiye kuba amahitamo ya nyuma. Ni ahantu h’ubumenyi, guhanga udushya n’amahirwe. Urubyiruko rwacu rugomba kubyaza umusaruro ayo mahirwe kandi rukagira ubumenyi Gabon ikeneye. Ejo hazaza h’abana bacu ntabwo handikirwa gusa hakurya y’inyanja; handikirwa no hano iwacu no ku mugabane wacu, binyuze muri gahunda z’uburezi zihuje n’ubuzima tubayeho.”
Iki cyemezo kije mu gihe Gabon yanatangaje ko guhera mu 2026 izahagarika buruse zihabwa abanyeshuri bajya kwiga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!