00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Tshisekedi agiye gutangirira ingendo z’akazi mu bihugu bitatu

Yanditswe na Akayezu Jean de Dieu
Kuya 4 February 2019 saa 02:01
Yasuwe :

Perezida mushya uherutse kurahirira kuyobora Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, aratangirira ingendo z’akazi mu bihugu byo mu Karere guhera kuri uyu wa 5 Gashyantare 2019.

Guverinoma y’iki gihugu yavuze ko Perezida Tshisekedi kuri uyu wa Kabiri azaba ari i Luanda aho azagirana ibiganiro na mugenzi we wa Angola, João Lourenço. Iki gihugu bakaba basangiye imipaka ku gice kinini ndetse mu minsi ishize hakaba haravuzwe no kwirukana abanye-Congo babagayo.

Ku munsi ukurikiraho, Perezida Tshisekedi azaba ari i Nairobi aho azagirana ibiganiro byihariye na mugenzi we Uhuru Kenyatta, wanitabiriye irahire rye ndetse agasoreza muri Congo-Brazzaville, aho azagirana ibiganiro na Perezida Denis Sassou-Nguesso.

Tshisekedi wagiye ku butegetsi kuwa 24 Mutarama, ni Perezida wa Gatanu wa RDC, akaba yarasimbuye Joseph Kabila. Ni ubwa mbere muri iki gihugu habayeho guhererekanya ubutegetsi mu mahoro.

Perezida Tshisekedi azasura Kenya, Angola na Congo-Brazzaville

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages