Ni icyemezo Perezida Suluhu yatangaje ku wa Gatatu tariki 8 Mata 2026. Yasabye abandi bayobozi bakuru kugenda muri bisi imwe, igihe bagiye muri gahunda z’akazi zitandukanye.
Yakomeje avuga ko na we yafashe icyemezo cyo kugabanya umubare w’imodoka zimuherekeza, asigaza iy’abarinzi be, iya polisi ndetse n’ishobora gutanga ubufasha igihe iyo arimo igize ikibazo.
Ati “Kuva ubu ibi bizajya byubahirizwa aho ngiye, abayobozi bose bazajya bagenda muri bisi imwe, mu kugabanya ingano y’ibikomoka kuri peteroli bikoreshwa. Muri Guverinoma ikoreshwa ry’ibikomoka kuri peteroli riri hejuru kubera imodoka nyinshi zikora ingendo mu buryo buhoraho, ndabasaba gutangira kugabanya ingano y’iyo mukoresha.”
Perezida Suluhu yafashe iki cyemezo mu gihe Isi ikomeje guhangana n’ibura ry’ibikomoka kuri peteroli ryatewe n’intambara ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ifatanyije na Israel.
Iyi ntambara Iran yagabweho yatumye ifata icyemezo cyo gufunga inzira ya Hormuz inyuzwamo 20% by’ibikomoka kuri peteroli bicuruzwa ku Isi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!