Abatwara abagenzi n’urubyiruko muri rusange bakoze imyigaragambyo y’iminsi ibiri yahagaritse ubuzima i Nairobi, ibamo n’imvururu zasize abantu bane bapfuye abandi 30 barakomereka.
Amashusho yanyuze kuri televiziyo, Perezida Ruto yavuze ko yategetse ko ibiciro bya mazutu bigabanywaho amashilingi 10 ya Kenya mu biciro bizavugururwa hagati ya Kamena na Nyakanga, kugira ngo abayikenera boroherwe no kuyibona.
Mu kwezi gushize ibiciro bya mazutu byari byazamuweho 23,5% bigera ku mashilingi ya Kenya 242,92.
Abayobora ibigo by’ubwikorezi bari kumwe na Perezida Ruto ubwo yatangazaga igabanyuka ry’ibiciro, bahise batangaza ko bahagaritse imyigaragambyo yari iteganyijwe mu cyumweru gitaha.
Ruto yavuze ko Kenya yakoresheje miliyari 28,1 z’amashilingi ya Kenya nka nkunganire ngo ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bitazamuka cyane.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!