Perezida Mugabe uzuzuza imyaka 92 muri Gashyantare uyu mwaka, yagaragaye mu ruhame kuri uyu wa Gatandatu mu murwa mukuru Harare mu nama y’amasaha atatu yamuhuje na mugenzi we wa Guinea Equatorial, Teodoro Obiang Nguema Mbasogo.
Uku kugararagara kwa Perezida Mugabe kwashyize iherezo ku bihuha byari bimaze iminsi bivugwa muri Zimbabwe ko yaba yarishwe n’indwara y’umutima aho yari ari mu biruhuko muri Aziya.
Ubwo yabazwaga ku bijyanye n’ikiruhuko cy’ukwezi akubutsemo, Perezida Mugabe yanze kugira icyo abivugaho, ahubwo asaba itangazamakuru kurekeraho guharabika umugabane wa Afurika n’abayobozi bawo.
Yagize ati "Twifuza ko abanyamakuru bacu bakora neza akazi kabo kurusha uko babigenza ubu."
Perezida Robert Mugabe niwe mu Perezida uri ku butegetsi mukuru kurusha abandi ku Isi aho ayobora Zimbabwe kuva yabona ubwigenge mu 1980.



















TANGA IGITEKEREZO