00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Ndayishimiye yahishuye ko hari abaguye mu iturika ry’intwaro i Bujumbura

Yanditswe na IGIHE
Kuya 1 April 2026 saa 05:45
Yasuwe :

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yahishuye ko hari Abarundi bahitanywe n’iturika ry’intwaro ryatewe n’inkongi y’umuriro yibasiye ikigo cya gisirikare kiri i Bujumbura.

Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa Gatatu, Perezida Ndayishimiye yihanganishije imiryango y’Abarundi yabuze ababo kubera iri turika.

Ati “Nongeye gutanga ijambo ry’ihumure ku miryango yabuze ababo, nifuriza n’abakomerekeye mu mpanuka yabereye mu kigo cya gisirikare kiri muri zone ya Musaga, gukira vuba.”

Yakomeje avuga ko nubwo hari zimwe mu ntwaro zahiye, u Burundi bugifite ubushobozi bwo kurinda ubusugire bwabwo.

Ati “Ndashima ubumwe bwaranze Abarundi, nkabizeza ko nta gikuba cyacitse, ko igihugu kigifite ububasha bwo kwirinda.”

Iyi nkongi yabaye mu ijoro ryo ku wa 31 Werurwe, yibasiye ububiko bw’intwaro buri mu kigo cya gisirikare kizwi nka ‘Base’, giherereye mu gace ka Musaga i Bujumbura.

Igisirikare cy’u Burundi na Minisiteri y’Umutekano w’imbere mu gihugu, byatangaje ko yaturutse ku kibazo cy’umuriro w’amashanyarazi.

Amakuru yatangajwe n’inzego z’umutekano i Burundi, avuga ko inkongi yibasiye ububiko bw’intwaro buherereye mu gace ka Musaga, ishobora kuba yateye impfu z’abarenga 10.

Amakuru y’izi mpfu yatangajwe n’Ibiro Ntaramakuru, AFP, byavuze ko biyakesha bamwe mu bantu bizewe mu nzego z’umutekano z’u Burundi.

Perezida Ndayishimiye yahishuye ko hari abaguye mu iturika ry’intwaro i Bujumbura

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages