Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, Perezida Ndayishimiye, yavuze ko we n’igihugu muri rusange batewe agahinda n’iyi mpanuka, asaba abahuye n’iki cyago gukomera no kudacika intege.
Ati “Dutewe umubabaro n’isoko ryo mu Mujyi wa Ngozi ryaraye rihiye, aho abaturage bahakorera baraye bahaburiye ibyabo. Twihanganishije cyane abagezweho n’ibyo byago, tubasaba kudacika intege.”
Iyi nkongi yasize abacuruzi bakorera muri iri soko batakaje byinshi mu byo bari batunze, ndetse abaturage batandukanye bagaragaje impungenge basaba ko hakongerwa imbaraga mu gukumira inkongi z’umuriro mu masoko no kunoza uburyo bwo kuzizimya.
Abaturage basubije kuri ubu butumwa bwa Perezida Ndayishimiye bakomeje kwihanganisha ababuze ibyabo, abandi bagaragaza ko hakenewe ubushakashatsi bwimbitse ku bitera inkongi zikunze kwibasira amasoko kugira ngo izindi mpanuka nk’izi zikumirwe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!