00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Ndayishimiye yababajwe n’inkongi yibasiye isoko ry’i Ngozi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 10 July 2026 saa 10:27
Yasuwe :

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yagaragaje akababaro yatewe n’inkongi y’umuriro yibasiye isoko ryo mu Mujyi wa Ngozi, aho abacuruzi benshi bahuriye n’igihombo nyuma yo gutakaza ibicuruzwa byabo.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, Perezida Ndayishimiye, yavuze ko we n’igihugu muri rusange batewe agahinda n’iyi mpanuka, asaba abahuye n’iki cyago gukomera no kudacika intege.

Ati “Dutewe umubabaro n’isoko ryo mu Mujyi wa Ngozi ryaraye rihiye, aho abaturage bahakorera baraye bahaburiye ibyabo. Twihanganishije cyane abagezweho n’ibyo byago, tubasaba kudacika intege.”

Iyi nkongi yasize abacuruzi bakorera muri iri soko batakaje byinshi mu byo bari batunze, ndetse abaturage batandukanye bagaragaje impungenge basaba ko hakongerwa imbaraga mu gukumira inkongi z’umuriro mu masoko no kunoza uburyo bwo kuzizimya.

Abaturage basubije kuri ubu butumwa bwa Perezida Ndayishimiye bakomeje kwihanganisha ababuze ibyabo, abandi bagaragaza ko hakenewe ubushakashatsi bwimbitse ku bitera inkongi zikunze kwibasira amasoko kugira ngo izindi mpanuka nk’izi zikumirwe.

Iri soko ry’i Ngozi ryahiye rirakongoka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages