00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Kiir yirukanye Umugaba Mukuru w’Ingabo na Minisitiri wari umazeho amezi atatu

Yanditswe na IGIHE
Kuya 7 May 2026 saa 12:38
Yasuwe :

Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir yahagaritse mu nshingano Gen. Paul Nang wari Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki gihugu, ndetse na Salvatore Garang Mabiordit wari Minisitiri w’Imari.

Gen. Paul Nang yari yaratangiye inshingano ze mu Ukwakira 2025, mu gihe Salvatore Garang yazitangiye muri Gashyantare 2026. Icyemezo kibirukana cyatangajwe ku wa 6 Gicurasi 2026.

Gen. Santino Deng Wol niwe wagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sudani y’Epfo.

Amakuru dukesha Reuters avuga ko gukurwa mu nshingano kwa Gen. Nang gufite aho guhuriye n’ibibazo by’umutekano muke bimaze igihe byugarije iki gihugu.

Perezida Kiir akoze izi mpinduka mu gihe mu Ukuboza mu 2026 hateganyijwe amatora y’Umukuru w’Igihugu, ari nayo ya mbere azaba akozwe kuva iki gihugu cyabona ubwigenge.

Perezida Kiir yirukanye Umugaba Mukuru w’Ingabo na Minisitiri wari umazeho amezi atatu
Gen. Paul Nang yakuwe ku mwanya w’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sudani y’Epfo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages