Gen. Paul Nang yari yaratangiye inshingano ze mu Ukwakira 2025, mu gihe Salvatore Garang yazitangiye muri Gashyantare 2026. Icyemezo kibirukana cyatangajwe ku wa 6 Gicurasi 2026.
Gen. Santino Deng Wol niwe wagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo za Sudani y’Epfo.
Amakuru dukesha Reuters avuga ko gukurwa mu nshingano kwa Gen. Nang gufite aho guhuriye n’ibibazo by’umutekano muke bimaze igihe byugarije iki gihugu.
Perezida Kiir akoze izi mpinduka mu gihe mu Ukuboza mu 2026 hateganyijwe amatora y’Umukuru w’Igihugu, ari nayo ya mbere azaba akozwe kuva iki gihugu cyabona ubwigenge.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!