00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Biya umaze amezi abiri mu mahanga yahinduye abayobozi b’igisirikare

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 4 August 2026 saa 03:58
Yasuwe :

Perezida wa Cameroun, Paul Biya, yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare mu gihe akomeje guteza impaka mu baturage kubera ko amaze amezi abiri atari mu gihugu.

Izi mpinduka zatangajwe binyuze mu mateka atatu ya Perezida yashyizweho umukono ku wa 3 Kanama 2026, anatangazwa kuri radiyo y’igihugu.

Inama Nkuru y’igisirikare yahawe umuyobozi mushya, Gen Maj Ebaka Hippolyte, wasimbuye uwashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru tariki ya 28 Nyakanga.

Umuyobozi w’Ingabo zishinzwe kurinda abayobozi bakuru, Colonel Raymond Jean Charles Beko’o Abondo, yahawe ipeti rya Brigadier Général .

Hari abandi bofisiye bari bafite ipeti rya Colonel bahawe irya Brigadier Général, uturere twa gisirikare dutandatu two mu ntara enye duhabwa abayobozi bashya.

Paul Biya w’imyaka 93 y’amavuko yavuye muri Cameroun tariki ya 7 Kamena, ajya i Burayi mu ruzinduko rudasanzwe byavugwaga ko ruzaba ruto ariko kugeza ubu ntarataha.

Tariki ya 2 Kanama, Umuvugizi wa Guverinoma ya Cameroun, René Emmanuel Sadi, yabwiye itangazamakuru ko Umukuru w’Igihugu ariho kandi azataha vuba.

Perezida Paul Biya yakoze impinduka zikomeye mu gisirikare, azamura mu ntera abofisiye benshi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages