00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Biya agiye gutaha nyuma y’amezi abiri yibazwaho

Yanditswe na IGIHE
Kuya 3 August 2026 saa 08:35
Yasuwe :

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Cameroun bamaze igihe botsa igitutu ubutegetsi bagaragaza impungenge z’uko igihugu cyaba kitagifite umuyobozi kuko Perezida Paul Biya amaze amezi abiri atagaragara ndetse atari mu gihugu cye. Minisitiri w’Itanganzamakuru akaba n’umuvugizi wa Guverinoma ya Cameroun yavuze ko perezida ari muzima kandi yenda gutaha.

Ni ubwa mbere Guverinoma ya Cameroun yavuze ku kibazo cya Perezida Paul Biya umaze iminsi atagaragara mu ruhame.

Minisitiri w’Itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma, René Emmanuel Sadi yabwiye RFI ko Paul Biya agiye gusubira mu gihugu vuba, ariko ntiyasobanuye birambuye igihe azahagerera

Ati “Perezida Paul Biya ni muzima, ntabwo yigeze yegura”

Minisitiri Sadi yavuze ibi asa n’usubiza ibivugwa n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi, bamaze iminsi bagaragaza ko hari icyuho ku mwanya w’umukuru w’igihugu.

Perezida wa Cameroun, Paul Biya agiye gutaha nyuma y'amezi abiri hibazwa ku buzima bwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages