Iri tangazo ryasohotse ku wa 3 Nyakanga nijoro rigaragaje ko hashyizweho itsinda ryihariye rishinzwe gutegura no gushyira mu bikorwa gahunda yo gushinga ishyaka rishya rya Perezida Faye.
Perezida Faye kugeza ubu yabarizwaga mu ishyaka PASTEF riri ku butegetsi, riyobowe na Ousmane Sonko nubwo batagicana uwaka.
Sonko watorewe kuba Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ashyize imbere gahunda yo kuvugurura itegeko nshinga hagamijwe kubuza perezida uri ku butegetsi kuyobora ishyaka.
Inteko Ishinga Amategeko yamaze kwemeza izo mpinduka mu cyumweru gishize, ariko Faye yahisemo ko bizabanza kunyura muri kamparampaka, abaturage bakazazitorera. Ntabwo haramenyekana igihe amatora ya kamarampaka azabera.
Iki kibazo cya politiki kiri kuba mu gihe Sénégal ihanganye n’ikibazo gikomeye cy’umwenda w’igihugu wafashwe n’ubutegetsi bwabanje, bikomeje guteza impaka muri iki gihugu.
Perezida Faye yari asanzwe ari mu Ishyaka PASTEF riri ku butegetsi, riyobowe na Sonko, wari Minisitiri w’Intebe kugeza mu kwezi kwa Gicurasi ubwo Faye yamukuraga mu nshingano.
Perezida Faye na Sonko bombi bari kwitegura amatora y’inzego z’ibanze ateganyijwe mu 2027 azagaragaza uko buri wese ashyigikiwe mu baturage.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!