00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Paul Biya w’imyaka 92, yatorewe manda nshya akomeza kuba Perezida ukuze ku Isi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 27 October 2025 saa 01:45
Yasuwe :

Paul Biya w’imyaka 92 y’amavuko, yongeye gutorerwa kuyobora Cameroun, akomeza kuba Umukuru w’Igihugu ukuze (ufite imyaka myinshi) kurusha abandi ku Isi, nyuma y’aho Akanama gashinzwe kurengera Itegeko Nshinga, kemeje ko yagize amajwi 53,66%.

Ku manywa yo kuri uyu wa Mbere ni bwo amajwi yatangajwe. Uwakurikiye Biya ni Issa Tchrioma Bakary wagize 35,19%.

Biya w’imyaka 92 amaze igihe ashyirwaho igitutu asabwa kwegura, ariko we mu gihe yiyamamazaga yavuze ko ibyiza biri imbere.

Mu 1982 ni bwo uyu mugabo yagiye ku butegetsi, bivuze ko manda ye nshya y’imyaka irindwi ishobora kuzarangira ayoboye iki gihugu mu myaka 50. Mu 2032, ubwo iyo manda izaba irangiye, azaba ari hafi kugira imyaka 100.

Paul Biya w’imyaka 92 y’amavuko yatorewe gukomeza kuyobora Cameroun

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages