Papa Papa Léon XIV yabigarutseho ku Cyumweru, tariki ya 9 Kanama 2026, nyuma y’isengesho rya Angelus i Vatican, aho yasabye n’Umuryango Mpuzamahanga kongera igitutu kigamije guhagarika intambara imaze igihe yarayogoje Sudani.
Yagaragaje ko ahangayikishijwe by’umwihariko n’ibibera mu Mujyi wa El Obeid wo muri Leta ya North Kordofan, umaze ibyumweru byinshi urangwamo imirwano ikomeye yashyize ubuzima bw’abasivili benshi mu kaga.
Papa Léon XIV yasabye impande zihanganye muri Sudani kurinda abaturage no gutuma ubufasha bw’ubutabazi bubageraho.
Yagize ati “Mu gihe nkomeje kugaragaza ko ndi hafi mu buryo bw’umwuka y’abaturage bose b’iki gihugu, nongeye gusaba abari mu nzego z’ubuyobozi gushyiraho inzira z’ubutabazi zigenewe abasivili.”
Yanavuze ko akomeje gusenga Imana ngo ikomeze abafite imibabaro, inahindure imitima y’abo yavuze ko “babiba urugomo.”
Papa Léon XIV kandi yasabye Umuryango Mpuzamahanga gushyigikira imbaraga zigamije kugera ku gahenge k’intambara ako kanya, nk’intambwe y’ibanze yo guhagarika amakuba abaturage ba Sudani bakomeje guhura na yo.
Iki si cyo gihe cya mbere Papa Léon XIV agaragaza impungenge ku kibazo cya Sudani. Muri Gicurasi 2026 yakiriye Minisitiri w’Intebe wa Sudani i Vatican, amusaba ko hashyirwa imbere guhagarika imirwano.
Mu ntangiriro z’uyu mwaka kandi, ubwo yagezaga ijambo ku bahagarariye ibihugu byabo i Vatican, yavuze ko intambara yo muri Sudani ikomeje gutera impungenge.
Intambara yo muri Sudani yatangiye ku wa 15 Mata 2023, ishingiye ku makimbirane hagati y’Ingabo za Leta, Sudanese Armed Forces (SAF), n’umutwe witwara gisirikare wa Rapid Support Forces (RSF).
Yadutse nyuma y’imyaka y’imvururu za politiki zakurikiye ihirikwa ku butegetsi rya Omar al-Bashir mu 2019 n’ihirikwa rya Guverinoma y’inzibacyuho mu 2021.
Ubwumvikane buke ku buryo RSF yagombaga kwinjizwa mu ngabo zisanzwe no ku kugabana ububasha hagati y’abayobozi b’izi mpande bwaje kuvamo imirwano yatangiriye i Khartoum, ikwirakwira no mu tundi duce turimo Darfur na Kordofan. Kuva icyo gihe, intambara yatumye miliyoni z’Abanya-Sudani bava mu byabo, ibikorwaremezo birangirika, abaturage babura ibiribwa, amazi n’ubuvuzi, mu gihe amahanga yakomeje gusaba ko impande zihanganye zihagarika imirwano zigashaka igisubizo binyuze mu biganiro.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!