00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nigeria yishe abarwanyi 175 ba Islamic State

Yanditswe na IGIHE
Kuya 19 May 2026 saa 11:00
Yasuwe :

Inzego z’umutekano za Nigeria na Amerika zatangaje ko ibikorwa byo guhiga abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro bamaze iminsi bafatanyamo byatumye bica abarwanyi ba Islamic States.

Ingabo za Nigeria zatangaje ko ibitero byagabwe n’Ingabo za Amerika ziba ku mugabane wa Afurika zasenye ibirindiro, aho Islamic State yahishaga intwaro muri Nigeria.

Reuters yanditse ko nyuma yo kurwanywa mu Burasirazuba bwo Hagati, 86% by’ibikorwa bya Islamic State byimukiye muri Afurika mu ntangiriro za 2026.

Umuvugizi w’ingabo za Nigeria, Major-General Samaila Uba ati “Igenzura ryakozwe ku wa 19 Gicurasi 2026 rigaragaza ko abarwanyi ba Islamic State 175 biciwe ku rugamba.”

Ku wa 16 Gicurasi, ibitero bya Nigeria byahitanye umuyobozi wungirije wa Islamic State, Abu-Bilal al-Minuki ndetse hakurikiraho ibindi byahitanye abayobozi bo mu mitwe ishamikiye kuri IS.

Ingabo za Nigeria zishe abarwanyi 175 ba Islamic State

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages