00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nigeria yashyizeho ibihe bidasanzwe kubera ikibazo cy’ishimutwa ry’abanyeshuri

Yanditswe na IGIHE
Kuya 27 November 2025 saa 04:40
Yasuwe :

Perezida wa Nigeria, Bola Tinubu, yashyizeho ibihe bidasanzwe mu gihugu mu gihe hari gushakwa igisubizo kirambye cy’uburyo ishimutwa ry’abana rikomeje gufata indi ntera ryahagarara.

Ku wa Gatatu yatangaje ko hashyizweho “ibihe bidasanzwe mu gihe turi kohereza ingabo mu duce dufite ikibazo cy’umutekano.”

Mu minsi mike ishize, abanyeshuri n’abarimu barenga 300 barashimuswe, n’abakobwa bato 13 bari bari kugenda hafi y’umurima bafatwa n’abagizi ba nabi barabatwara. Hari n’abandi bana 10 bashimuswe.

Bake muri aba bana bashimuswe bamaze gutabarwa ariko abandi barenga 256 n’abarimu bafashwe bakuwe ku kigo cy’ishuri rya kiliziya gatolika ku wa gatanu w’icyumweru gishize n’ubu ntibaraboneka.

Tinubu yavuze ko kubera ibi bibazo by’umutekano, yafashe umwanzuro wo gushyiraho ibihe bidasanzwe n’iteka ryo kongera umubare w’ingabo.

Mu mpera z’icyumweru gishize, yatanze ibwirizwa ryo kongera umubare w’abapolisi bakora uburinzi, ndetse yategetse ko abapolisi barenga ibihumbi 50 bahabwa akazi.

Ikibazo cyo gushimuta abana bakiri bato gikomeje gufata indi ntera muri Nigeria

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages