Ku wa Gatatu yatangaje ko hashyizweho “ibihe bidasanzwe mu gihe turi kohereza ingabo mu duce dufite ikibazo cy’umutekano.”
Mu minsi mike ishize, abanyeshuri n’abarimu barenga 300 barashimuswe, n’abakobwa bato 13 bari bari kugenda hafi y’umurima bafatwa n’abagizi ba nabi barabatwara. Hari n’abandi bana 10 bashimuswe.
Bake muri aba bana bashimuswe bamaze gutabarwa ariko abandi barenga 256 n’abarimu bafashwe bakuwe ku kigo cy’ishuri rya kiliziya gatolika ku wa gatanu w’icyumweru gishize n’ubu ntibaraboneka.
Tinubu yavuze ko kubera ibi bibazo by’umutekano, yafashe umwanzuro wo gushyiraho ibihe bidasanzwe n’iteka ryo kongera umubare w’ingabo.
Mu mpera z’icyumweru gishize, yatanze ibwirizwa ryo kongera umubare w’abapolisi bakora uburinzi, ndetse yategetse ko abapolisi barenga ibihumbi 50 bahabwa akazi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!