Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yavuze ko Emeka Charles Iroegbu, umwe mu baturage bayo, bivugwa ko yishwe ku wa 28 Kamena n’abapolisi mu mujyi wa Pretoria.
Amakuru dukesha BBC avuga ko polisi yakoresheje imbaraga z’umurengera ubwo yari ifite Iroegbu igamije kumuhata ibibazo, bimuviramo urupfu.
Undi muturage wa Nigeria witwa Musa Yunana Joe, wari umucuruzi, na we yishwe uwo munsi n’abantu bitwaje intwaro bamuteze mu mujyi wa eMalahleni.
Ubuyobozi bwa Afurika y’Epfo ntacyo buratangaza kuri aya makuru.
Nigeria yavuze ko ibi byabaye mu gihe muri Afurika y’Epfo hakomeje kugaragara ibikorwa by’urwango n’ivangura rikorerwa abimukira, aho abaturage bagera kuri 25.000 bakomoka mu bindi bihugu bya Afurika bamaze gusubizwa mu bihugu byabo, barimo n’Abanya-Nigeria bagera kuri 700.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Nigeria yavuze ko Iroegbu yishwe n’abapolisi bo kuri station ya Tshwane, mu gihe Joe we yishwe ubwo yaterwaga hanze y’iduka rye.
Nigeria yatangaje kandi ko Afurika y’Epfo igomba gufata ingamba zikomeye zo kurwanya ibi bikorwa, inaburira ko ishobora kugeza iki kibazo ku Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) ndetse no ku rwego mpuzamahanga, mu gihe nta gikozwe.
Ku rundi ruhande, Nigeria yatangiye no gutegura dosiye y’indishyi ku baturage bayo bahatiwe gusubira mu gihugu, ivuga ko iri gukusanya amakuru y’ubucuruzi n’imitungo basize muri Afurika y’Epfo.
Leta ya Afurika y’Epfo yavuze ko idashobora kwishyura indishyi, inasaba ko Abanya-Nigeria bashobora kugurisha imitungo yabo ku isoko ry’imbere mu gihugu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!