00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nigeria: Perezida wa Sena yahakanye guhohotera mugenzi we

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 6 March 2025 saa 07:45
Yasuwe :

Perezida wa Sena ya Nigeria, Godswill Akpabio, yahakanye ibyo ashinjwa byo guhohotera umusenateri mugenzi we, Natasha Akpoti-Uduaghan, avuga ko uburere bwiza afite butamwemerera gukora iryo kosa.

Ibi yabivuze ku wa 5 Werurwe 2025 nyuma y’aho tariki ya 28 Gashyantare Senateri Natasha yabwiye itangazamakuru ko yamuhohoteye tariki ya 8 Ukuboza 2023 ubwo yari yamusuye.

Uyu mugore yavuze ko Akpabio yanamusabye kujya amwitaho, niba ashaka kugumana umwanya we muri Sena, agaragaza ko Akpabio ari nk’umwarimu utuma abanyeshuri batsindwa amasomo, bazira ko banze kuryamana na we.

Senateri Akpabio yabihakanye yivuye inyuma, avuga ko atigeze ahohotera umugore na rimwe mu buzima bwe.

Yagize ati “Nta na rimwe nigeze mpohotera umugore, narezwe neza na mama witabye Imana. Nakuze nubaha abagore ndetse nahawe igihembo cya Guverineri wubaha ab’ibitsina byombi muri Nigeria.”

Iki kirego cyateje impaka zikomeye muri Nigeria ndetse abarimo Bukola Saraki wabaye Senateri, basabye ko hakorwa iperereza kuko biremereye cyane.

Si ibyo gusa kuko hari n’amatsinda y’abantu batangiye kwigaragambya, bagamije gukura Akpabio ku mwanya we.

Perezida wa Sena ya Nigeria, Godswill Akpabio, yavuze ko nta na rimwe yigeze ahohotera umugore

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .