00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Buhari yiteguye kugirana ibiganiro na Boko Haram ngo igarure abakobwa yashimuse

Yanditswe na

Jean Baptiste Nshimiyimana

Kuya 31 December 2015 saa 08:51
Yasuwe :

Perezida wa Nigeria, Muhammadu Buhari yatangaje ko yiteguye kugirana ibiganiro n’abarwanyi ba Boko Haram bakarekura abakobwa bashimuswe mu ishuri ryo mu Mujyi wa Chibok muri Mata 2014.

Perezida Buhari avuga ko n’ubwo atazi aho abo bakobwa baherereye n’ubuzima bwabo uko buhagaze, habonetse umuyobozi wa Boko Haram wizewe yiteguye kugirana nawe ibiganiro abakobwa basaga 200 bashimuswe n’uyu mutwe muri Mata 2014 bakarekurwa.

Ati "Habonetse umuyobozi wizewe wa Boko Haram bakatubwira aho abo bakobwa bari, twiteguye kuganira nabo nta mananiza.”

BBC ivuga ko ibiganiro byabanje ntacyo byagezeho kuko Leta ya Nigeria yavuganaga n’abantu batari bo, ubwo Boko Haram yari yacitsemo ibice.

Ubwo Perezida Buhari yajyaga ku butegetsi muri Gicurasi 2015, yari yavuze ko kurandura Boko Haram mu gihugu ari kimwe mu by’ingenzi agomba kwitaho.

Abakobwa basaga 200 bashimuswe na Boko Haram muri Mata 2014
Imyigaragambyo yarabaye isaba aba bakobwa ko barekurwa birananirana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages