00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nigeria: Islamic State yigambye kwica abantu 29

Yanditswe na IGIHE
Kuya 28 April 2026 saa 07:16
Yasuwe :

Umutwe w’Iterabwoba wa Islamic State wigambye igitero cyahitanye abantu 29 bari ku kibuga cy’umupira abandi bicirwa mu ngo zabo muri Leta ya Adamawa.

Inzego za Leta mu gace kagabwemo igitero zavuze ko abarwanyi b’uyu mutwe biroshye mu bantu bari ku kibuga cy’umupira batangira kurasa buri wese nta gutoranya, nyuma bajya gutwika inzu, insengero na za moto.

Guverineri wa Leta ya Adamawa, Ahmadu Umaru Fintiri yavuze ko iki gitero ari igitutsi ku kiremwamuntu.

Ibiro bya guverineri byatangaje ko iki gitero cyamaze amasaha menshi mu bice bya Guyaku. Imiryango myinshi yahise iva mu ngo zayo bikanga ko hashobora kugabwa ibindi bitero.

Fintiri abinyujije kuri X yagize ati “Turi gukaza umutekano kugira ngo tugarure amahoro kugira ngo abaturage bongere bumve batekanye mu ngo zabo.”

Nigeria ni kimwe mu bihugu bidasiba kumvikanamo ibitero by’imitwe yitwaje intwaro ishimuta abantu abandi ikabica, ndetse imwe ifitanye imikoranire na Islamic State.

Mu minsi ishize abantu 400 bahamijwe ibyaha n’inkiko kubera ibikorwa bifite aho bihuriye na Boko Haram na Islamic State West Africa Province (Iswap).

IS yigambye igitero cyahitanye abantu 29

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages