00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nigeria: Ibitero bitatu by’abiyahuzi bimaze guhitana abantu 13

Yanditswe na

Jean Baptiste Nshimiyimana

Kuya 28 January 2016 saa 01:29
Yasuwe :

Ibitero bitatu bitandukanye byagabwe mu Majyaruguru y’Uburasirazuba bw’Umujyi wa Chibok, bihitana abantu 13, abasaga 30 barakomereka.

Mu bisasu byaturitse tariki ya 27 Mutarama, icya mbere cyaturikirijwe mu isoko rirema buri cyumweru ikindi giturikirizwa aho abashinzwe umutekano basakira imizigo y’abantu.

Ibi byabaye mu gihe umukuru w’igihugu cya Nigeria Muhammadu Buhari ari muri Kenya aho yagiye kwibuka abasirikare ba Kenya biciwe muri Somalia kuwa 15 Mutarama.

Perezida Buhari yagize ati “Dufatanyije, dushobora kandi tuzatsinda abakora iterabwoba, ababatera inkunga n’ababashyigikiye. Tugomba kurwanya abakora ibikorwa by’iterabwoba abo baba ari bo bose n’aho baba bari hose.”

Ibinyamakuru bitandukanye byatangaje ko abiyahuzi baje muri uyu mujyi ari batanu, batatu bakiturikirizaho ibisasu mu gihe babiri bakiwurimo ariko ahantu hatazwi.

BBC dukesha iyi nkuru yatangaje ko Umujyi wa Chibok ari wo abarwanyi ba Boko Haram baherytse gushimutiramo abakobwa b’abanyeshuri basaga 200.

Abantu 13 bahitanywe n'ibisasu by'abiyahuzi
Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta yakiriye mugenzi we wa Nigeria waje kwibuka abasirikare baguye Somalia
Abiyahuzi batatu bahitanye abantu mu mujyi wa Chibok

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages