00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nigeria: Amabandi yashimuse abana 23 bo muri Leta ya Kogi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 27 April 2026 saa 07:33
Yasuwe :

Abana umunani baracyabura nyuma y’uko amabandi yitwaje intwaro yinjiye mu kigo kirererwamo imfubyi cyo muri Leta ya Kogi muri Nigeria agashimuta abana 23.

Umuyobozi ushinzwe itangazamakuru muri Leta ya Kogi, Kingsley Fanwo, yavuze ko bikiba bafatanyije n’inzego z’umutekano batabara abana 15.

Iki gikorwa cyabaye ku wa 26 Mata 2026 cyasize n’umuyobozi w’iki kigo cy’imfubyi ashimuswe.

Nubwo nta mutwe urigamba ibi bikorwa ariko amakuru BBC yakuye mu nzego z’umutekano za Nigeria avuga ko byagizwemo uruhare n’umutwe w’iterabwoba wa Boko Haram.

Fanwo yagaragaje ko bari gukora iyo bwabaga ngo babohoze n’abasigaye ariko asaba ibigo by’imfubyi, iby’amashuri n’ibindi kwitwararika mu kwirinda ko ababyo bashimutwa.

Nigeria ikomeje guhura n’ibibazo bikomeye bijyanye n’abana bashimutwa. Mu Ugushyingo 2025, abanyeshuri 300 n’abarimu babo bashimutiwe mu kigo cy’amashuri yisumbuye cya Kiliziya Gatolika cyo muri Leta Niger.

Imitwe y'itwaje intwaro yashimuse abana 23 b'imfubyi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages