Umwe mu batuye mu gace igitero cyagabwemo yabwiye Reuters ko abantu batandatu bo mu muryango umwe bapfuye batwikiwe mu nzu yabo.
Abaturage bavuze ko abo bagizi ba nabi binjiye mu gace ka Lajinge ahagana saa tanu z’ijoro ku wa Gatandatu, batangira kugaba ibitero ku baturage kugeza ahagana saa munani z’igitondo cyo ku Cyumweru.
Aka gace kamaze igihe kibasirwa n’ibitero by’abitwaje intwaro basahura imidugudu, bagashimuta abaturage kugira ngo basabe ingurane y’amafaranga, ndetse bakiba amatungo.
Umwe mu baturage witwa Auwal Hassan yabwiye Reuters kuri telefoni ko bishe abantu 12, bakomeretsa abandi bane, bashimuta abagore n’abana nyuma yo kwiba amatungo menshi.
Umuvugizi w’igipolisi cya Sokoto, Ahmed Rufai, yavuze ko polisi yatangiye iperereza kuri iki gitero.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!