00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Nigeria: Abanyeshuri bashimuswe barenze 300

Yanditswe na IGIHE
Kuya 22 November 2025 saa 02:41
Yasuwe :

Abanyeshuri 302 bo mu bigo by’amashuri bya gikirisitu bashimuswe n’abitwaje intwaro muri Nigeria, bituma benshi barushaho guhagarika imitima.

Igitero cyo mu gitondo cyo ku wa Gatanu cyagabwe ku ishuri rya St Mary, cyabaye nyuma y’uko abagabo bitwaje intwaro ku wa Mbere bagabye igitero ku ishuri ryisumbuye ryo muri leta yegeranye ya Kebbi, bagashimuta abakobwa 25.

Ihuriro ry’Abakirisitu muri Nigeria (CAN) ryatangaje ko umubare w’abashimuswe wamenyekanye “nyuma yo kugenzura neza” ibyo gushimuta abantu mu kivunge byabaye mu gitondo cyo ku wa Gatanu, ryemeza ko “Umubare wose w’abashimuswe … ubu ari abanyeshuri 303 n’abarimu 12.”

Magingo aya abanyeshuri bashimuswe ni kimwe cya kabiri cy’abigaga muri St Mary kuko higa abarenga 629.

Inzego z’ubuyobozi muri Katsina zategetse amashuri yose gufunga mu rwego rwo kwirindira umutekano.

Abanyeshuri bashimuswe barenga kimwe cya kabiri cy'abigamo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages