Mu minsi ishize nibwo Starlink yagejeje kuri Guverinoma ya Namibia ubusabe bwo gutangira gutanga serivisi zayo muri iki gihugu.
Amakuru dukesha BBC avuga ko mu buryo butunguranye Namibia yanze ubu busabe bwa Starlink, gusa ntiyatangaza impamvu y’iki cyemezo.
Icyemezo cya Namibia cyatangajwe binyuze mu Kigo cya leta gishinzwe ibijyanye n’itumanahao (Cran) mu ntangiriro z’iki cyumweru.
Kugeza ubu ntacyo Starlink iravuga ku byatangajwe na Namibia.
Namibia ibaye igihugu cya kabiri cya Afurika cyanze ikoreshwa rya internet ya Starlink, nyuma ya Afurika y’Epfo.
Internet ya Starlink iboneka mu bihugu bya Afurika 25 birimo n’u Rwanda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!