00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Museveni yibaza ku ruhare rw’aba-Gen-Z mu kubaka Uganda

Yanditswe na Isabwe Fabiola
Kuya 14 December 2025 saa 01:51
Yasuwe :

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yongeye kwibutsa urubyiruko rwo muri Uganda cyane cyane aba-Gen-Z, ko rugomba kugira ibikorwa bifatika bigirira igihugu akamaro.

Perezida Museveni yagereranyije ubuzima bwe akiri muto n’ubw’uru rubyiruko, avuga ko ku myaka 26 we n’inshuti ze batangije FRONASA (Front for National Salvation) mu rwego rwo kubohora Uganda.

Museveni yavuze ko icyo gihe bari bafite intego yo guharanira ubwigenge n’ubusugire bw’igihugu, mu gihe urubyiruko rw’aba-Gen-Z bo muri iki gihe bahugiye mu gushaka ibibashimisha (Vibes) n’umupira w’amaguru gusa.

Perezida Museveni yabajije urubyiruko icyo ibya ‘vibes’ bifasha igihugu, arusaba ko rwatekereza ku ruhare rufatika mu iterambere ry’igihugu.

Ati “Mwe aba-Gen-Z, kugeza ubu mwakoze iki? njye ku myaka 26 natangije urugamba rwa FRONASA rwo kubohora iki gihugu na Afurika. Ariko mwe aba-Gen-Z, icyo mba numva gusa ni ‘vibe, vibe.’ Ese ibyo byishimo byanyu bifasha iki igihugu?”

Yavuze ko Uganda ifite intego yo kuzamura ubukungu bwayo, bityo ko urubyiruko rugomba kugira uruhare mu bikorwa by’ubuhinzi bwa kijyambere, inganda, ikoranabuhanga n’imitangire ya serivisi.

Museveni yabasabye kwigira ku mateka y’abakurambere, aho urubyiruko rwari ku isonga mu rugamba rwo kubohora igihugu, abibutsa ko igihugu gikeneye ibikorwa bifatika, ubushake n’ubwitange.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages