Inkuru yo kwirukanwa kwa Bernadino Rafael yatangajwe ku wa 23 Mutarama 2025, bikozwe na Perezida wa Mozambique, Daniel Chapo, watangiye kuyobora icyo gihugu mu cyumweru gishize.
Izi ni zo mpinduka zikomeye Chapo akoze kuva yajya ku butegetsi, nk’uburyo bwo gushaka uko yagarura icyizere mu baturage bamaze iminsi bararakaye.
Abaturage bagaragaje ko batishimiye ibyavuye mu matora, yatumye Ishyaka rya ‘Frente de Libertação de Moçambique: Frelimo’ rikomeza kuyobora.
Kuva mu myaka 50 ishize Mozambique yakwigobotora ingoyi y’Abanya-Portugal, ni bwo iki gihugu cyahuye n’ibibazo bikomeye nyuma y’amatora.
Ni imyigaragambyo bivugwa ko yahitanye abarenga 300 nk’uko BBC yabyanditse.
Mu cyumweru gishize Bernadino Rafael, yari yahakanye iby’iyo mibare akavuga ko hapfuye abantu 96 n’abapolisi 17.
Bernadino Rafael yavuze ko abapfuye bashakaga gusagarira abapolisi, abo bashinzwe umutekano na bo bakirwanaho
Ikigo cya Mozambique gishinzwe ibijyanye n’uburenganzira bwa muntu no kwimakaza demokarasi, cyatangaje ko abakozi b’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubugenzacyaha muri iki gihugu bambaye imyenda ya gisivili binjira mu bigaragambya bagamije kumenya abo ari bo, hanyuma abenshi mu bigaragambyaga baricwa, abandi barafungwa.
Bernadino Rafael yasimbujwe uwari umuyobozi wa polisi mu ntara za Sofala na Nampula witwa Joaquim Sive.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!