Ibyo byavuzwe na Minisitiri w’Intebe wa Sénégal, Ousmane Sonko ubwo yari mu nama mpuzamahanga ku busugire bw’ibihugu yabereye i Dakar muri icyo gihugu ku itariki 9 Mata 2026.
Minisitiri w’Intebe Sonko yagaragaje ko intambara zagiye zibera ku Isi mu myaka ishize zagaragaje ko uburyo ibisirikare by’ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi byifashishijwe mu gushaka gukora impinduka ku mbaraga ku bindi bihugu butigeze bugira umusaruro mu gushyira ibintu mu buryo nk’uko byabaga byavuzwe.
Ati “Amerika n’ibindi bihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi byakoze intambara nyinshi mu myaka ishize, ariko nta n’imwe byatsinze yaba iyo muri Vietnam, Iraq, Afghanistan, Libya no muri Syria.”
Yakomeje agaragaza ko n’ahandi muri izo ntambara zabanje nta mpinduka zigeze zizana uretse gutera ibibazo ahubwo.
Yongeyeho ko ibyo biri kwisubiramo no muri Iran kuko icyo Amerika yagiye ivuga ko cyayijyanye kitigeze kigerwaho ubu impande zombi zikaba ziri kugerageza inzira y’ibiganiro, nyamara intambara iri kugira ingaruka zitagira ingano ku Isi.
Ati “Intego yo gukuraho ubutegetsi bwa Iran ntiyagezweho, buracyahari ahubwo buri mu yindi ikomeye kurusha iy’ubwa mbere.”
Minisitiri w’Intebe Sonko yavuze ko Perezida Trump ari we nkomoko y’ibibazo Isi ihanganye na byo muri iki gihe kubera intambara yo muri Iran ndetse amwita umuntu udashaka amahoro.
Ati “Donald Trump si umuntu ushaka amahoro. Ni umuntu urajwe ishinga no guhungabanya ituze ry’abantu.”
Ibyo yabishingiyeho agaragaza ko politiki y’ibihugu bikomeye yo gukomeza gufatira ibyemezo ibindi byitwaje umutaka wa demokarasi ikwiye guhagarara kuko buri gihugu gikwiye kwihitiramo umurongo wacyo.
Uwo muyobozi yasoje agaragaza ko ibiganiro no gukorana ari byo bikwiye gukoreshwa mu gukemura amakimbirane, aho gukoresha intambara za gisirikare bitewe n’ingaruka zigira ku Isi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!