Padiri Thomas Muhosha, urukiko rwagaragaje ko mbere yo kwica MacDonald Masambuka, yari afite umugambi wo kujya kugurisha uruhu rwe mu mahanga.
Padiri yakatiwe ari kumwe n’abandi bantu batanu bo bahawe igifungo cya burundu.
Umwe mu bakatiwe yari umuvandimwe w’uwishwe, nk’uko ibinyamakuru byo muri Malawi byabitangaje.
Kugira ngo babashe kwica nyakwigendera, babanje kumubeshya ko bamuboneye umugore, bamusaba kuza bakajya kumumwereka ari nabwo bamwicaga.
Guhera mu 2014 Malawi yugarijwe n’ubugizi bwa nabi bwibasira abafite ubumuga bw’uruhu. Benshi mu bagendera mu migenzo gakondo bifashisha ibice by’imibiri y’abo bafite ubumuga mu bupfumu n’ibindi, bizeye ko bazabona ubukire n’amahirwe.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!