00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Libya: Umuyobozi w’ubutasi yiciwe n’igisasu mu modoka ye

Yanditswe na IGIHE
Kuya 12 August 2026 saa 11:10
Yasuwe :

Igisirikare cyo mu burasirazuba bwa Libya cyatangaje ko Umuyobozi w’ubutasi bwa gisirikare, Fawzi al-Mansouri, yiciwe i Benghazi ku wa 11 Kanama, mu modoka ye yatezwemo igisasu.

France 24 yatangaje ko urupfu rwa al-Mansouri rwongeye kubyutsa impungenge ku mutekano muri Benghazi, agace kabarizwamo umuyobozi w’ingabo Khalifa Haftar.

Kuva ubutegetsi bwa Muammar Gaddafi bwahirikwa mu 2011, Libya yacitsemo ibice ku buryo ubu iyobowe na guverinoma ebyiri harimo iyemerwa na Loni ikorera i Tripoli n’iyoborwa na Khalifa Haftar ikorera muri Benghazi.

Umuhungu wa Khalifa witwa Khaled Haftar, yabwiye AFP ko batangiye iperereza ku rupfu rw’uyu musirikare ariko bigaragara ko ari igikorwa cy’iterabwoba.

Itangazo rye rigira riti “Iterabwoba ni umushinga ugamije kwibasira agace kose, si Libya gusa.”

Iki gitero cyakomye mu nkokora imbaraga zashyizwe mu bayobora iki gice bamaze igihe bemeza ko mu bice bayobora ari amahoro.

Umuyobozi ushinzwe ubutasi mu ngabo za Libya muri Leta ikorera i Benghazi yishwe n'igisasu yatezwe mu modoka ye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages