00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Liberia: Abayobozi 450 barimo n’abaminisitiri bahagaritswe mu kazi kubera kuterekana inkomoko y’imitungo

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 14 February 2025 saa 04:55
Yasuwe :

Perezida wa Liberia, Joseph Boakai, yahagaritse abayobozi bakuru n’abagize Guverinoma barenga 450, kubera ko banze kugaragariza ikigo gishinzwe kurwanya ruswa inkomoko y’imitungo yabo.

Perezida Bokai yavuze ko bazakomeza guhagarikwa mu kazi ukwezi kwashira ntibahembwe kugeza igihe bazagaragaza ibyo basabwe.

Mu bahagaritswe harimo abaminisitiri b’uburezi n’ubuzima, ndetse n’intumwa zihariye zishinzwe ubukerarugendo n’ishoramari. Harimo kandi abayobozi bakorera mu biro by’umukuru w’igihugu n’abayobozi b’intara.

Perezida Boakai, wiyemeje kurwanya ruswa ubwo yajyaga ku butegetsi mu 2024, yagize ati "Abakozi ba Leta baributswa ko kumenyekanisha inkomoko y’umutungo birenze kuba itegeko, ahubwo ko ari n’ingamba zifatika zo guteza imbere gukorera mu mucyo no kugarura icyizere abaturage mu nzego za Leta.”

Komisiyo ishinzwe kurwanya ruswa muri Liberia (LACC) yasohoye urutonde rw’abakozi ba guverinoma 457 bose bahagaritswe.

Muri Nyakanga 2024 Perezida Boakai yatangaje ko agabanyije umushahara we ku rugero rwa 40%, ashaka gushyiraho urugero ku bandi bazamukurikira no kwifatanya n’abanya-Liberia.

Guverinoma ya George Weah yashinjwe kurangwamo ruswa yatumaga mu gihugu hahora imyigaragambyo .

Perezida Boakai yahagaritse abakozi barenga 450 bananiwe kugaragaza inkomoko y'umutungo wabo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .